Iwacu Rwanda updates

Iwacu Rwanda updates

Share

Mercifulservants 💚🌹 I believe in Allah

✅Iyi Duwa irimo Ubwirinzi, Imbaraga n’Imigisha mu Kwicuza 🤲| Ramadan Day 2 USTADH ASMAN #RAMADAN2026 19/02/2026

https://youtu.be/kLBIkbCoiGM

🌙 UMUNSI WA 2 WA RAMADAN | KWICUZA NO GUSABA ALLAH IMBABAZI 🤲💧

Ramadan ni igihe cy’imbabazi, igihe cyo kwegera Allah no gusubira ku murongo w’ukuri. 🕌✨
Uyu munsi wa 2 wa Ramadan, reka dufate umwanya wo kwicuza by’ukuri (Tawbah), dusabe Allah imbabazi ku byaha byacu byose — by’ibanga n’ibigaragara. 😭🤍

📌 Wibuke:
Allah ni Nyir’imbabazi nyinshi, kandi yakira uwicuza igihe cyose agarutse kuri We. 🌿🤲
Nta cyaha kinini ku muntu usaba imbabazi by’ukuri.

🤲 Du’a y’uyu munsi: (Sayyidul Istighfaar)
اللَّهُمَّ أَنْتَ رَبِّي لَا إِلَهَ إِلَّا أَنْتَ، خَلَقْتَنِي وَأَنَا عَبْدُكَ، وَأَنَا عَلَى عَهْدِكَ وَوَعْدِكَ مَا اسْتَطَعْتُ، أَعُوذُ بِكَ مِنْ شَرِّ مَا صَنَعْتُ، أَبُوءُ لَكَ بِنِعْمَتِكَ عَلَيَّ، وَأَبُوءُ بِذَنْبِي، فَاغْفِرْ لِي، فَإِنَّهُ لَا يَغْفِرُ الذُّنُوبَ إِلَّا أَنْتَ.

📌Allahumma anta rabbi la ilaha illa anta, khalaqtani wa ana ‘abduka, wa ana ‘ala ‘ahdika wa wa’dika mastata’tu, a’udhu bika min sharri ma sana’tu, abu’u laka bini’matika ‘alayya, wa abu’u bidhanbi, faghfir li fa innahu la yaghfiru dh-dhunuba illa anta. 🤲💧

🕊️ Uyisomye mugitondo ayemera, agapfa uwo munsi → azinjira Jannah.
N’uwuyivuze nimugoroba ayemera, agapfa iryo joro → azinjira Jannah. 🌙✨

💛 Reka uyu munsi ube umunsi wo:
✅ Gusali neza no kwinginga Allah
✅ Gusoma Qur’an
✅ Kureka ibyaha no guhinduka
✅ Gusaba imbabazi kenshi
✅ Gusabira n’abandi

📌 Ntibagirwe: Like 👍 | Comment 💬 | Subscribe 🔔
Kugira ngo tubone amasomo ya Ramadan buri munsi.

✅Iyi Duwa irimo Ubwirinzi, Imbaraga n’Imigisha mu Kwicuza 🤲| Ramadan Day 2 USTADH ASMAN #RAMADAN2026 📌 Assalamu alaikum wa rahmatullahi wa barakatuh 🤲🌙Murakaza neza ku Munsi wa 2 wa Ramadan.Muri iyi video turiga Duwa ikomeye yo mu Kwicuza irimo: ✅ ubwiri...

17/02/2026

Assalamu alaikum wa rahmatullah wa barakatuh Ejo numunsi wambere wa Ramadan tubigeze no kubandi in shaa Allah

ESE UMUISLAMU YAKWIZIHIZA ST VALENTIN? ESE AHAWE IMPANO YITWARA GUTE? 13/02/2026

https://www.youtube.com/live/pD0Mt6dY23E?si=w4-ybb5yRsCMoT29

Ese umuislam yemerewe kwizihiza Saint valentin ?

ESE UMUISLAMU YAKWIZIHIZA ST VALENTIN? ESE AHAWE IMPANO YITWARA GUTE? MURAKAZA NEZA KURI ISLAM INZIRA YUKURI CHANNEL IGAMIJE GUSANGIZA ABANTU U BUMENYI BWIDINI YA ISLAM NO KUBAFASHA GUKOMEZA UKWEMERA KWABO.AHA UZAHASANGA AMASOM...

11/02/2026

🌸Urwibutso kubemera Allah numunsi wimperuka🌸

Ni gute twakitegura Ramadhan?

1. Gukora taw’bat (kwicuza by’ukuri) no kubarurira roho ❤️‍🩹zacu mbere y’uko twinjira mu kwezi gutagatifu🌸 kwa Ramadan.🌙🌸

2. Gusaba🤲 Allah cyane Adu’aau)🤲 ko yatugeza mu kwezi kwa Ramadhan🌙🌸 turi bazima ❤️‍🩹 no kubasha kuzakora ibikorwa byiiza bitwegereza Allah.

3. Kwishimira kwakira ukwezi kwa Ramadhan🌙 no kwiyumvamo ubuhambare bwako no ku kwitegura neza🌹

4. Gukebura nafsi zacu, kuzibuza kwijandika mu ibyaha n’imico mibi yose aho iva ikagera

5. Gutoza imitima yacu kwihangana no kurinda indimi zacu kuvuga no gusebya abandi (ghiibat).

Tubigeze ku bandi wenda byaba impamvu yo gutungana kwabo! Allah adutere inkunga!🫶🏾

09/02/2026

Abubatse:💍❤️‍🩹

ni Umugabo wanyawe❤️ uwihanganira 🤌umufasha we mubyo banyuramo byose🫰 agafata iyambere mugutunganya ❤️‍🩹ibitagenda neza hagati yabo n' umugore bikaba uko🌹❤️

LIVE KHUTBA YIJUMA UBUZIMA BWUMWEMERAMANA KWISI NO KUMPERUKA USTADH ASMAN 19/12/2025

https://www.youtube.com/live/vmEH5E2bNZc?si=J_BhoHg2m6P6ASbJ

LIVE KHUTBA YIJUMA UBUZIMA BWUMWEMERAMANA KWISI NO KUMPERUKA USTADH ASMAN amakuru agezweho kandi yizewe nihano kora subscribe ajye akugeraho burigihe inkuru zicukumbuye ubusesenguzi imikino imyidagaduro amateka ubuvuzi inkuru zikwe...

Photos from Iwacu Rwanda updates's post 01/12/2025

Ingengabihe y'iswala mu gihugu hose

Ukwezi kwa 12
Muyigeze no kubandi bi idhinillah

30/11/2025

IMANA IMWE Y'’UKURI MURI BIBILIYA:
MU ISEZERANO RYA KERA
 💠Umva wa bwoko bw‟Abisirayeli we, Uwiteka Imana yacu ni we
Uwiteka wenyine. (Gutegeka Kwa Kabiri 6: 4).
 Kuko ari jye Mana nta yindi ibaho. Ni jye Mana nta yindi duhwanye.
(Yesaya 46:9).
 💠Ni cyo ubereye ukomeye, Uwiteka Mana, kuko nta wuhwanye nawe,
kandi nta yindi mana iriho keretse wowe, nk‟ibyo twumvishije
amatwi yacu byose. (2 Samweli 7: 22).
 💠Kugira ngo mumenye, munyizere, munyitegereze ko ari jye. Nta
mana yambanjirije kubaho, kandi nta yizamperuka. (Yesaya 43:10-
11)
 💠Uwiteka, nta wuhwanye nawe, nta yindi mana keretse wowe nk‟uko
twabyumvishije amatwi yacu byose. (1 Ibyo Ku Ngoma 17: 20)
 💠Uwiteka Umwami wa Isirayeli, Uwiteka Nyiringabo, Umucunguzi we
aravuga ati “Ndi uwa mbere kandi ndi uw‟imperuka, kandi nta yindi
mana ibaho itari jye. (Yesaya 44: 6)
💠Mwamamaze mubyigize hafi bijye inama. Ni nde werekanye ibyo uhereye mu bihe byashize? Ni nde wabibwirije uhereye kera? Si
jyewe Uwiteka? Kandi nta yindi mana ibaho itari jye, Imana idaca
urwa kibera kandi ikiza, nta yindi ibaho itari jye (Yesaya: 45: 21-22).......

*IMANA IMWE Y’UKURI MURI BIBILIYA:*
*MU ISEZERANO RISHYA*
 💠Nuko umuntu aza aho ari aramubaza ati “Mwigisha mwiza, nkore
cyiza ki ngo mpabwe ubugingo buhoraho?” Na we aramusubiza
ati“Unyitira iki mwiza? Umwiza ni umwe gusa, ni Imana. (Matayo
19:16-17).
💠 Ubu ni bwo bugingo buhoraho, ko bakumenya ko ari wowe Mana
y‟ukuri yonyine, bakamenya n‟uwo watumye ari we Yesu Kristo.
(Yohana 17:3)
 💠Uramye Uwiteka Imana yawe, abe ari yo ukorera yonyine. (Matayo 4:10)
 💠Yesu aramusubiza ati “Iry‟imbere ni iri ngo „Umva Isirayeli, Uwiteka
Imana yacu ni we Mwami wenyine. Nuko rero ukundishe Uwiteka
Imana yawe umutima wawe wose, n‟ubugingo bwawe bwose,
n‟ubwenge bwawe bwose n‟imbaraga zawe zose.‟ Irya kabiri ngiri:
„Ukunde mugenzi wawe nk‟uko wikunda.‟ Nta rindi tegeko rirusha ayo
gukomera.” (Mariko 12:29-31)
💠 Uwo mwanditsi aramubwira ati “Ni koko mwigisha, uvuze ukuri yuko
Imana ari imwe, nta yindi keretse yo yonyine.” (Mariko 12:32)
 💠Yesu arabasubiza ati “Ibyo nigisha si ibyanjye, ahubwo ni
iby‟Iyantumye. Umuntu nashaka gukora ibyo Ikunda, azamenya ibyo
nigisha ko byavuye ku Mana, cyangwa yuko mbivuga ku bwanjye.
(Yohana 7:16-17)

*Ugize Aho udasobanukirwa urabaza bi idhnillah*

*Ustadh Asman*
+250786389433

*IMANA IMWE Y'UKURI: MURI QUR’AN NTAGATIFU.*

🌹🌹Kandi Imana yanyu ni Imana imwe
, nta yindi mana ikwiye gusengwa
by‟ukuri uretse yo, Nyirimpuhwe, Nyirimbabazi. (Qur‟an 2: 163)

🌹🌹Vuga (yewe Muhamadi) uti “We ni Allah, umwe Rukumbi. Allah,
Uwishingikirizwa, Ntiyabyaye kandi ntiyanabyawe. Ndetse nta na kimwe
ahwanye na cyo. (Qur‟an 112: 1-4)

🌹🌹Kandi nta ntumwa twigeze twohereza mbere yawe (yewe Muhamadi) ngo
tubure kuyihishurira ko nta yindi mana ibaho ikwiriye gusengwa mu kuri
itari Njye (Allah). Bityo nimungaragire (njyenyine). (Qur‟an .21:25)

🌹🌹Uwo ni Allah Nyagasani wanyu! Nta yindi mana ikwiye gusengwa uretse We,
Umuremyi wa byose. Ku bw‟ibyo nimumusenge (wenyine), kandi ni We
Muhagararizi wa byose. (Qur‟an 6:102)

🌹🌹Ese hari indi mana ibangikanye na Allah? Allah ntaho ahuriye n‟ibyo
bamubangikanya na byo (Qur‟an .27:63)

🌹🌹Allah (ni we Mana y‟ukuri) nta yindi mana ikwiye gusengwa by‟ukuri uretse
We, Uhoraho (Nyirubuzima bwuzuye buzira inenge), Uwigize, akanabeshaho
ibiriho byose. Ntafatwa no guhunyiza habe n‟ibitotsi. Ibiri mu birere n‟ibiri
mu isi ni ibye. Ni inde wagira uwo avuganira iwe uretse ku burenganzira
bwe? Azi ibyababayeho (ku isi) n‟ibizababaho (ku mperuka). Kandi nta n‟icyo
bamenya mu bumenyi bwe uretse icyo ashaka. Kursiyu ye ikwiriye ibirere
n‟isi, kandi ntananizwa no kubirinda (ibirere n‟isi). Ni na We Uwikirenga,
Uhambaye. (Qur‟an 2:255).

https://chat.whatsapp.com/LAUuDsKtcGB2vcuykT77K0?mode=hqrt2
*Mu ncamacye,…*

💠Abahanuzi b'Imana n'intumwa zose barimo Adamu, Nowa, Aburahamu,
Mose, Yesu na Muhamadi boherejwe n'Imana imwe, Umuremyi, kugira
ngo batange ubutumwa bumwe bw‟uko:
Imana y'ukuri ari imwe gusa, Yo yonyine ikwiye gusengwa no
kwitwararika amategeko yayo.
💠Kubera ko aba bahanuzi n'intumwa bose babwirije ubutumwa bumwe,
idini ryabo naryo rigomba kuba rimwe! None iri dini ryabo ryaba irihe?

💠Kugandukira ubushake bw'Imana ni cyo kintu shingiro cy‟ubutumwa
bwabo; iri jambo „KUGANDUKA‟ ni cyo gisobanuro cy‟ijambo „ISILAMU‟
mu rurimi rw‟icyarabu.

💠Qur'ani yemeza ko Isilamu ari ryo dini ry’ukuri rya Adamu na
Eve n’ababakomokaho kugeza ku munsi w’urubanza.

💠Mu gusoza, kugira ngo tugere ku gakiza no kurokoka ibihano, tugomba
kwakira no kwizera ubutumwa twavuze haruguru, tubishaka kandi
tubikuye ku mutima. Ariko ibi ntibihagije! Ahubwo tugomba no kwizera
Intumwa n‟abahanuzi b'ukuri b'Imana bose barimo n‟Intumwa
Muhamadi (Imana ibahe amahoro n‟imigisha) kandi tugakurikiza idini
ryabo, umuyoboro wabo ndetse n'inyigisho zabo.

*Tuzakomeza ubutaha in shaa Allah*

*Aho udosobanukirwa ubaze*

*©️ Islam inzira yukuri*

*Urwibutso mwateguriwe numuvandimwe wanyu ustadh Asman*
👇👇👇
+250786389433

chat.whatsapp.com

29/11/2025

*AMAHAME REMEZO Y'IDINI YA ISLAM.*

*Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n'imigisha) muri Hijat yo gusezera yaravuze ati "Muzi uyu munsi uwo ariwo? Bati: Imana n'Intumwa yayo nibo bawuzi, aravuga ati: Uyu munsi uraziririjwe. Muzi iki gihugu icyo aricyo? Bati Imanan'Intumwa yayo nibo bacyizi, ati: icyi gihugu cyaraziririjwe. Ati: muzi uku kwezi uko ariko? Bati Imana n'Intumwa yayo nibo bakuzi, ati: uku kwezi kwaraziririjwe, aravuga ati: Imana yaziririje kuri mwe kumena amaraso yanyu no guhuguza imitungo yanyu no kurengera ku cyubahiro cyanyu, nkuko yaziririje uyu munsi wanyu muri uku kwezi kwanyu muri iki gihugu cyanyu" lyi mvugo iboneka mu gitabo cya Bukhariy.*

*MU MAHAME REMEZO YA ISLAM.*

*📚Kubungabunga Idini, ubuzima, icyubahiro, urubyaro, ubwenge n'umutungo.*

*📚Kurwana ku Idini no kuyibungabunga: Imana yaravuze iti "Babandi birukanywe mu ngo zabo bitanyuze mu kuri kubera ko bavuga gusa ngo Nyagasani wacu ni Imana, iyo Imana itaza kurinda abantu ubwangizi n'amahugu n'ubwicanyi biterwa n'Intambara hagati yabantu ubwabo kubwabo, insengero z'Abapadiri na kiriziya z'Abakristu n'insengero z'Abayahudi n'Imisigiti ivugirwamo izina ry'Imana cyane, byari gusenywa, ariko Imana irokora ugerageza kurokora idini yayo n'abagaragu bayo, mukuri Imana ifite ingufu kandi iratsinda" Qor'an 22: 40.*

*📚Kuziririza guhohotera ikiremwa muntu: Imana yaravuze iti "Ntimuzice umuntu Imana yaziririje kwica bitari mu kuri". Qor'an 17: 33.*

*📚Imana na none iti "Yemwe abemeye ntimukarye imitungo yanyu hagati yanyu mu mahugu, usibye mu bucuruzi mwakoranye kubwumvikane bwanyu, kandi ntimuziyahure, mukuri Imana ni inyampuhwe kuri mwe". Qor'an 4: 29.*

*📚Imana mukuziririza kurengera ku cyubahiro cy'umuntu yaravuze iti "Ntimuzegere ubusambanyi kuko ari urukozasoni bukaba n'inzira mbi". Qor'an 17: 32.*

*📚Imana mukuziririza guhohotera amatungo yaravuze iti "lyo ahindukiye azenguruka kw'isi kugirango akoreho ubwononnyi, yangize ibihingwa n'amatungo, kandi Imana ntikunda ubwononnyi". Qor'an 2: 205.*

*📚Imana mukuziririza guhohotera umutungo yaravuze iti "Ntimuzarye umutungo wanyu hagati yanyu mu mahugu". Qor'an 2: 188.*

*📚Imana mukuziririza guhohotera ubwenge yaravuze iti "Yemwe abemeye mukuri inzoga n'urusimbi n'ibigirwamana no gutera inzuzi ni umwanda ni ibikorwa bya sh*tani mu byirinde kugira ngo murokoke". Qor'an 5: 90.*

*Tuzakomeza ubutaha in shaa Allah*

chat.whatsapp.com

28/11/2025

*Ibisubizo Isilamu itanga…*

https://chat.whatsapp.com/LAUuDsKtcGB2vcuykT77K0?mode=hqrt2
 Isilamu isubiza byinshi muri ibi bikurikira:
 Iremwa ry‟isi n‟Ijuru.
Uko twaremwe.
Ubuzima bwa roho.
 Ibisobanuro nyabyo by‟Imana.
 Ibisobanuro nyabyo byo Kugaragira Imana.
 Impamvu nyamukuru umuntu yaremwe (Impamvu
y‟ubuzima).
Uburyo butanga ibyishimo n‟umunezero.
N‟iherezo rya muntu nyuma y‟ubu buzima.

*Isilamu isubiza ibibazo bitandukanye, harimo ibi bikurikira:*
 💠Ukuri nyako ni ukuhe?
 💠Ni nde waturemye?
 💠Ni nde Mana yacu nyakuri?
💠 Ni nde muhanuzi wa nyuma Imana yatumye?
💠 Ni nde ukwiye gusengwa
 💠Turi bande?
 💠Kuki turiho?
 💠Iyo dupfuye bigenda bite?
 💠Ubuzima buzakurikira ubw‟isi buzaba bumeze bute?
💠 Ese turagana he? Mu ijuru cyangwa mu muriro?
 💠Ni gute twagera ku byishimo, amahoro yo mu mutima, ndetse
n‟intsinzi biruta ibindi?
 💠Ni gute twagera ku buzima bw‟umunezero w‟ubuziraherezo?

*Menya Ukuri kuri Isilamu!*

 Uko urushaho gusoma no kwiga kuri Isilamu wifashishije
ibitabo n‟amakuru byizewe, ni ko urushaho kugenda
uvumbura ko Isilamu ari ryo dini ry‟ukuri twarazwe na
Adamu na Eva n‟ababakomokaho kugeza ku munsi
w‟imperuka. Idini rya Isilamu riroroshye kuryumva, rinyuze
ubwenge, rirasobanutse, kandi rirumvikana.
 Ubwiza bwa Isilamu ntiburondoreka kuko yaturutse k‟Utagira
intangiriro ntagire n‟iherezo (Allah), Umuremyi.
 Imana imwe y‟ukuri (Allah) mu gitabo cye cya Qur‟an ntagatifu
kizira amakemwa yaravuze iti:
“Uyu munsi mbuzurije idini ryanyu, kandi mbasenderejemo
inema zanjye, nanabahitiyemo ko Isilamu iba idini ryanyu.”
(Qur’an 5:3)

*IDINI RIMWE, UBUTUMWA BUMWE!*
 Kuva Adamu na Eva baremwa -mu mateka yose- idini ry‟ukuri
(Ukwemera)
ryari
rimwe,
rifite
n‟ubutumwa
bumwe
bw‟umwimerere bwagejejwe ku bantu mu bihe bitandukanye,
kugira ngo bwibutse abantu no kubasubiza mu murongo
w‟Intumwa n‟abahanuzi barimo Adamu, Nowa, Aburahamu, Mosi,
Yesu na Muhamadi (Imana ibahe amahoro n‟imigisha bose); bose
bohorejwe n‟Imana y‟ukuri yonyine gutanga ubutumwa bumwe no
gukurikira idini rimwe ry‟Imana.
 Aba bahanuzi n‟Intumwa bose babwirije ubutumwa bumwe, bityo
idini ryabo rigomba kuba rimwe!
 Kuganduka ku bushake bw‟Imana ni ishingiro ry‟ubutumwa
bwabo bose.

*Idini rimwe, ubutumwa bumwe (ibikurikira…)*
 Iyo Mana imwe rukumbi (Allah) ni yo itubwira ko
Intumwa Muhamadi (Imana imuhe amahoro n‟imigisha)
ari we muhererezi mu ntumwa n‟abahanuzi. Yoherejwe
ku bantu bose (abayahudi, abakirisitu, Abayisilamu,
Aba Hindu, Aba Budhi, Abatemera Imana (Atheists),
n‟abandi…)
Allah yatanze umuyoboro n‟urumuri ku bantu bose.
Yaduhishuriye amabanga y‟ibyatugeza ku ituze, no
kunezezwa na bicye ufite, hamwe n‟amahoro y‟umutima
n‟ayo ku isi yose.
 Isilamu yigisha ubutabera, gushyira mu gaciro, kwanga
umugayo, kudakurikira buhumyi, gushingira ku
bifatika igihe dushaka ukuri.

*Idini rimwe, ubutumwa bumwe (ibikurikira…)*
 *Iri jambo „KUGANDUKA‟ nicyo gisobanuro cy‟ijambo ISILAMU*
mu rurimi rw‟icyarabu.
 Qur'ani yemeza ko kugandukira Imana, cyangwa se „Isilamu‟
ari ryo dini ry‟ukuri rya Adamu n'abandi bahanuzi bose
n‟Intumwa b'Imana. Bibiliya igaragaza mu mirongo yayo
itandukanye aho Yesu yigishije abayoboke be gukora ibyo
Imana ishaka no kubahiriza amategeko yayo.
 Mu buryo nk'ubwo, Bibiliya muri King James Version, hari
imvugo ivuga amagambo nayo yerekeza ku bisobanuro bya
Isilamu byo kugandukira Imana imwe aho yagize iti: “Ku
bw‟ibyo, mugandukire Imana Nyagasani wanyu” (James 4: 7).
 Ijambo „Umuyisilamu‟ risobanura umuntu wubaha, ugendera
munsi y‟ubushake bw‟Imana y'ukuri. Ku bw‟ibyo,
Abayisilamu ni abayoboke nyabo ba Adamu, Nowa,
Aburahamu, Mose, Yesu, Muhamadi, ndetse n‟abandi
bahanuzi.

*IMANA IMWE Y'’UKURI MURI BIBILIYA:*
*MU ISEZERANO RYA KERA*
💠Umva wa bwoko bw‟Abisirayeli we, Uwiteka Imana yacu ni we
Uwiteka wenyine. (Gutegeka Kwa Kabiri 6: 4).
💠Kuko ari jye Mana nta yindi ibaho. Ni jye Mana nta yindi duhwanye.
(Yesaya 46:9).
💠Ni cyo ubereye ukomeye, Uwiteka Mana, kuko nta wuhwanye nawe,
kandi nta yindi mana iriho keretse wowe, nk‟ibyo twumvishije
amatwi yacu byose. (2 Samweli 7: 22).
💠Kugira ngo mumenye, munyizere, munyitegereze ko ari jye. Nta
mana yambanjirije kubaho, kandi nta yizamperuka. (Yesaya 43:10-
11)
💠 Uwiteka, nta wuhwanye nawe, nta yindi mana keretse wowe nk‟uko
twabyumvishije amatwi yacu byose. (1 Ibyo Ku Ngoma 17: 20)
💠 Uwiteka Umwami wa Isirayeli, Uwiteka Nyiringabo, Umucunguzi we
aravuga ati “Ndi uwa mbere kandi ndi uw‟imperuka, kandi nta yindi
mana ibaho itari jye. (Yesaya 44: 6)
💠Mwamamaze mubyigize hafi bijye inama. Ni nde werekanye ibyo
uhereye mu bihe byashize? Ni nde wabibwirije uhereye kera? Si
jyewe Uwiteka? Kandi nta yindi mana ibaho itari jye, Imana idaca
urwa kibera kandi ikiza, nta yindi ibaho itari jye (Yesaya: 45: 21-22).

*Ejo tuzareba nabakoresha isezerano rishya hose Imana nimwe abayishyiramo ibice byo byavuye he? Ejo in shaa Allah*

*urwibutso mwateguriwe numuvandimwe wanyu ustadh Asman*

+250786389433

*Aho udosobanukirwa ubaze*

chat.whatsapp.com

07/11/2025

Assalamu alaikum wa rahmatullah wa barakatuh

14/09/2025

Shout out to my newest followers! Excited to have you onboard! Rukorera Chlea Orly, Asmani Ntwengeye

Want your public figure to be the top-listed Public Figure in Medina?
Click here to claim your Sponsored Listing.

Category

Address


Medina