Ijisho Rya Ruhago
This is a very informative page about Rwanda soccer activities.
Barca ntago iroherereza Messi amasezerano. Benshi bakomeje kwibaza ikibura, ndetse n’uko biza kugenda nyuma y’isoza rya masezerano bafitanye.
https://www.panoramafootball.com/ijisho-rya-ruhago-1/barcelona-ibya-messi-bikomeje-kuba-urujijo.
Barcelona: ibya Messi bikomeje kuba urujijo — Panorama Football Barca ntago iroherereza Messi amasezerano. Benshi bakomeje kwibaza ikibura, ndetse n’uko biza kugenda nyuma y’isoza ryayo masezerano.
09/06/2021
Isubikwa by’agateganyo ku ikurikiranwaho ry’amakipe FC Barcelona, Juventus FC na Real Madrid mu gikorwa cyo kurema agatsiko bitiriye ‘Supper League’.
European Super League: UEFA mukudohoka ku bihano byari bitegerejwe — Panorama Football Isubikwa by’agateganyo ku ikurikiranwaho ry’amakipe FC Barcelona, Juventus FC and Real Madrid mu gikorwa cyo kurema agatsiko ‘Supper League’.
09/06/2021
M’Ubwongereza ibihano bikomeje kwisukiranya ku makipe 6 yashatse gukorera m’ubwiru irushanwa rya Super League.
European Super League: M’Ubwongereza 6 yahanwe na Premier League — Panorama Football Arsenal, Chelsea, Liverpool, Manchester United, Manchester City na Tottenham zamaze kwemera gutanga amande n’ibindi bihano ku isubiracyaha.
09/06/2021
Benzema mu mvune. Virusi ya korona mu nkambi ya spain. Kurikirana buri munsi amakuru ari kuvugwa mu gikombe cy’uburayi ‘Euro 2020’.
Euro 2020: Amakuru ari kuvugwa kuri uyu wa gatatu tariki ya 9 Kamena — Panorama Football Benzema mu mvune. Virusi ya korona mu nkambi ya spain. Kurikirana buri munsi amakuru ari kuvugwa mu gikombe cy’uburayi ‘Euro 2020’.
04/06/2021
N’golo Kanté niwe uyobora umukino muri kiriya gice k’iburyo cya Chelsea haba mu busatirizi cyangwa m’ubwugarizi.
Ni iki mu by’ukuri kimugira umukinnyi udasanzwe ukinira hagati?
Kanda hasi usome inkuru irambuye.
Chelsea: Kanté nk’ubugi butyaye mu ruhande rw’iburyo — Panorama Football Dusesengure Kanté wagiza uruhare rugaragara mu guhirika Real Madrid no gutwara igikombe Manchester City, nk’umukinnyi w’imena.
Muri iyi video, turasesengura urutonde ikipe ya Chelsea ishobora kubanza mu kibuga k'umukino wa nyuma wa Champions League kuri uyu mugoroba imbere ya Manchester City.
Umutoza Tuchel aratangaza ko Mendy na Kanté bishiboka cyane ko aba bakinnyi be b'inkingi za mwamba bashobora gutangira umukino. Gusa ikibazo ni: "ese bashobora kuwurangiza?"
Kabone n'ubwo Mendy ari muzima, biramutse bigeze mu ma penalty niwe tuza kubona ahagarikwa mu izamu?
Ese hagati ya Reece James, Azpilicueta na Christensen ni nde ubanza inyuma k'uruhande rw'iburyo mu mutima w'ubwugarizi? ni nde se ubanza k'uruhembe rw'iburyo?
Ese umutoza arahitamo gukinisha rutahizamu umwe w'umwimerere? Cyangwa arazana babiri?
Ibi bibazo n'ibindi bisa nkaho bidashubije, ni byo twibandaho muri iyi Video. Kanda hasi urebe video.
Ikipe ya Liverpool nyuma y’umwaka utarayorohereye na gato, isanze igihe ari iki kugirango ivurure urutonde rwayo. Bamwe ni abakinnyi bari baribagiranywe mu kabati nk'umuzamu Karius.
(muribuka amarorerwa yakoze imbere ya Benzema?)
Liverpool: Igura n’igurisha 2020-2021 naryo ubwaryo ni umushinga — Panorama Football Ikipe ya Liverpool isanze igihe ari iki kugirango ivurure urutonde rwayo. Bamwe ni abakinnyi bari baribagiranywe mu kabati nka Karius.
Mbappé aragira icyo atangaza ku byakomeje kuvugwa hagati ye na PSG yifuza kumwongerera amasezerano, ndetse na Real Madrid ikomeje kumurambagiza.
(kanda hasi usome inkuru irambuye)
Kylian Mbappé: Ndi mubiganiro na PSG; dutegereze turebe ikibivamo — Panorama Football Hari hategerejwe ko Mbappé agira icyo atangaza ku bivugwa hagati ya PSG na Real, zimurwanirira ngo azikinire umwaka utaha.
Birasa nk’ibitarasobanuka muri iyi shampiyona ya Espanye ubwo igeze ku munsi wayo wa nyuma. Kugeza ubu igikombe nticyari cyabona nyiracyo, ndetse ntibiranasobanuka ku makipe agomba guhagararira Espanye mu gikombe cy’Uburayi (Europa League). Bikarushaho gutera amatsiko mu gihe hataramenyekana amakipe agomba ku manuka mu kiciro cya 2. (kanda hasi some inkuru yose)
LaLiga Santander: Haraca uwambaye k’uri uyu munsi wa nyuma — Panorama Football Ubu igikombe nticyari cyabona nyiracyo, ndetse ntibiranasobanuka ku makipe agomba guhagararira Espanye mu gikombe cy’Uburayi.
Bruno Satin yagize ati: “Icyo nzi ni uko k’uri ubu (Mbappé)yifuza guhindura ikipe”.
Ibi ni n’ibintu umuryango wa Mbappé waba waragizemo uruhare, gusa hakaba hategerejwe ko Paris Saint Germain (PSG) ibiha umugisha. Aha rero ni naho ruzingiye.
Ku bashishoza ntawa terura ngo avuge ko PSG izabireka bikaba uko. Aba banyemari bakomoka mu gihugu cya Qatar bazaruca barumire, kugeza wenda ubwo Mbappé azarangiza amasezerano ye akijyana. Aba bakire niko babaye!
(Kanda hasi usome inkuru yose)
Kylian Mbappé: Ashobore kuba yamaze kumvikana na Real — Panorama Football Bruno Satin yatangaje ko afite amakuru y’uko Kylian Mbappé yaba yaragiranye amasezerano n’ikipe ya Real Madrid.
Iminsi ibiri gusa kugirango shampiyona ya Espanye isoze. Barca n’amanota 76 ntirakurayo amaso kabone n’ubwo igikombe cya shampiyona cyanga kikayisiga. Mu minsi mike ishize yagikozagaho imitwe y’intoki, ariko itsikirira k’umukino uheruka wa Grenada. Atletico (Los Colchoneros) ku manota 80 yo irimo irakirukankana mu ntoki zayo igana k’umusozo wa shampiyona, mu gihe Real n’amanota 78 yo irarekereje ngo iyigicapure. (Kand hasi wisomere inkuru irambuye)
LaLiga: Undi mugoroba ufite icyo uhatse hagati ya Real na Athletico — Panorama Football Atletico irimo irakirukankana mu ntoki zayo igana k’umusozo wa shampiyona, mu gihe Real irarekereje ngo iyigicapure.
Reba Video ku bacyekwaho ku banza mu kibuga k'uruhande rwa PSG.
Ku mukino wo kwishyura wa 1/2 mu gikombe cy'amakipe yaje imbere muri shampiyona z'iwabo (Champions League), Ijisho rya Ruhago riragoragoza uko umutoza wa PSG Mauricio Pochettino ashobora gutondekanya abakinnyi be kuri uyu mugoroba, ndetse hashingiwe ku ishusho ry'imikinire ye mu busanzwe (4-2-3-1).
Pochettino arasabwa byibura ikinyuranyo k'ibitego 2 ngo akomeze k'umukino wa nyuma. Ntakabuza, uko ari buhitemo XI babanza, biragira uruhare rukomeye mu kuboneza inzira igana ku gikombe. Agomba gutsinda byanze bikunze, ndetse araza mu ishusho ry'ubusatirizi.
Mbappé ntiyizewe 100%, ariko siwe kibazo nyamukuru, kuko no hagati agomba guhitamo yitonze uhakina, nyuma yuko Idrissa Gueye ahawe ikarita itukura k'umukino ubanza.
Reba video y'uko Ijisho Rya Ruhago ribona.
Click here to claim your Sponsored Listing.
Category
Address
Kigali