IGIHE

IGIHE

Share

IGIHE is a private Rwandan-based company specialized in providing media & online multimedia services,

IGIHE Ltd is a private Rwandan-based company with a vision of becoming a regional multimedia powerhouse, specialized in providing media & online multimedia services, public relations and communications consultancies. From a humble beginning in 2009, with its inaugural product — the popular IGIHE news website [IGIHE.com] — the company has since grown to offer a wider range of multimedia services in

09/06/2026

AD: Skip the queues, pay your taxes with ease. Dial 600 # and complete your RRA tax payments anytime, anywhere.

Guaranty Trust Bank - Rwanda

09/06/2026

Ku Muhima mu muhanda ugana ku Kinamba cya Gisozi habereye impanuka aho imodoka izwi nka Fuso yari ipakiye ibicuruzwa birimo amavuta yo gutekesha n'ibikoresho by'ubwubatsi yavaga Nyabugogo yaguye mu muhanda ubwo yashakaga gukata igana mu Kiyovu.

Umushoferi na tandiboyi we bavuyemo ari bazima, nta wakomeretse. Polisi y'u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yahise ihagera kugira ngo ifashe abakoresha umuhanda ndetse no gukurikirana icyayiteye.

09/06/2026

Wigeze wibaza aho ‘wine’ itukura n’iyera bitandukanira? Nonese buri ‘wine’ ijyana n'ubuhe bwoko bw'amafunguro?

Reba iyi video ubashe kubisobanukirwa.


🎙️ Migabo Panthera

Photos from IGIHE's post 09/06/2026

Jay Z agiye gukora ibitaramo byo kwizihiza imyaka 30 amaze mu muziki by’umwihariko uw’injyana ya HipHop, yise ‘Jay Z 30’. Ibi bitaramo biteganyijwe kubera hirya no hino ku Isi, aho ku ikubitiro tariki ya 10 Nzeri 2026 azataramira mu Bufaransa kuri Stade de France, mu gihe ku wa 23 Ukwakira ataramira kuri Sofi Stadium iherereye i Los Angels.

Ibi bitaramo bije bikurikira icya mbere yakoze tariki ya 30 Gicurasi 2026 mu Mujyi wa Philadelphia. Ni mu gihe ateganya no gukora ibindi bitatu kuri Stade ya Yankee muri Nyakanga 2026.

09/06/2026

The CEO of the Capital Markets Authority, Romeo Ngarambe explains why youth participation is key to the future of Rwanda’s capital markets.

He noted that Rwanda’s capital market is open to young people, and that with the right knowledge on saving and investment, they can build financial discipline, create long-term value and support national development.

09/06/2026

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iby'Isanzure, NASA cyatangaje abantu bane bazajya mu butumwa bwa Artemis III mu 2027, mu rugendo ruganisha ku gutuma umuntu yongera gusubira ku kwezi.

Abagize ubu butumwa ni Bob Heintz, Andre Douglas, Frank Rubio na Randy Bresnik uzaba uyoboye abandi muri ubu butumwa.

09/06/2026

Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwategetse Sena ya Kenya guha Rigathi Gachagua wegujwe ku mwanya wa Visi Perezida indishyi ingana na miliyoni 565 Frw kubera ko itamuhaye umwanya wo kwisobanura ku byaha yaregwaga.

Abantu 37 ni bo bimaze kumenyekana ko bishwe n’umutingito wibasiye Ikirwa cya Mindanao cyo mu majyepfo ya Philippines.

Donald Trump yibukije Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ko nta yandi mahitamo afite uretse kwemera amasezerano Iran izagirana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

U Bufaransa bugiye kugenzura ikitaraganya ibyaha ibihumbi 70 biregwamo abasambanyije abana 09/06/2026

Minisitiri w’Ubutabera w’u Bufaransa, Gerald Darmanin, ku wa 8 Kamena 2026, yategetse ko ubushinjacyaha bw’iki gihugu bukwiriye kuba bwakurikiranye ibibazo 70.000 birimo ibijyanye no guhohotera abana. Ubushinjacyaha bwasabwe ko bukwiriye kuba bwabikozeho bitarenze ku wa 14 Nyakanga 2026.

Abahohotewe bakomeje kujyana ababibakoreye mu nkiko nyuma y’icyumweru Polisi ibonye umurambo w’umwana w’umukobwa wiswe Lyhanna mu bubiko bw’ibinyampeke butagikoreshwa buri mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bufaransa, bitera ibibazo bikomeye.

Ikibazo cyo guhotera abana mu Bufaransa gikomeje gufata indi ntera aho, byibuze 58% by’ibyaha by’ihohoterwa rishingiye byagaragaye mu mwaka ushize ku gitsina ari ibyakorewe abana bato.

Soma inkuru irambuye ⤵️🔗

U Bufaransa bugiye kugenzura ikitaraganya ibyaha ibihumbi 70 biregwamo abasambanyije abana Ubushinjacyaha mu Bufaransa bwategetswe kugenzura ibibazo ibihumbi 70 bijyanye no guhohotera abana nyuma y’urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 11 rwagaragaje ibihanga mu butabera bw’iki gihugu.

Taiwan iryamiye amajanja yikanga ibitero by’u Bushinwa 09/06/2026

Igisirikare cyo muri Taiwan cyatangiye imyitozo yo kwirinda ibitero u Bushinwa bushobora kugaba kuri iki kirwa.

U Bushinwa bubona Taiwan nk’ubutaka bwayo kandi buvuga ko buzakoresha ingufu zishoboka kugira ngo bwigarurire icyo kirwa kubera ko hari ingabo nyinshi zabwo, ibintu Taiwan idakozwa ikagaragaza ko na yo izakora uko ishoboye ngo yigenge.

Soma inkuru irambuye ⤵️🔗

Taiwan iryamiye amajanja yikanga ibitero by’u Bushinwa Igisirikare cyo muri Taiwan cyatangiye imyitozo yo kwirinda ibitero u Bushinwa bushobora kugaba kuri iki kirwa.

09/06/2026

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano mu muziki afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Rwashingiye ku kuba ku byaha bitandatu yari akurikiranweho, basanze bitatu muri byo hari impamvu zihagije zituma akomeza kubikurikiranwaho kandi bigakorwa afunze by’agateganyo.

Want your business to be the top-listed Media Company in Kigali?
Click here to claim your Sponsored Listing.

Address


KN 2 Avenue
Kigali