ATV Rwanda

ATV Rwanda

Share

Real stories from and about Rwanda 🇷🇼
📈 Business | 🗳 Politics | Social Issues

01/06/2026

Itangishaka Blaise wari umutoza w’amakipe y’abato muri APR FC, yatorokeye muri Espagne, aho we na bagenzi be bajyanye kwiga amasomo y’ubutoza yatangwaga n’abatoza ba Atlético de Madrid.

Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Kamena 2026, ko uyu mutoza atari kumwe na bagenzi be bakoze urugendo ruva mu Mujyi wa Madrid, aho bafatiraga aya masomo.

Amakuru ahari yemeza ko uyu mutoza atatahanye n’abandi ndetse yamaze no gukuraho nimero ye yari asanzwe akoresha ku rubuga rwa ’Whatsapp’.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

abuga Félicien wakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ashobora gushyingurwa mu Bubiligi tariki ya 2 Kamena 2026 nk'uko amakuru agera kuri IGIHE abyemeza.

Kabuga yapfiriye mu bitaro bya gereza y’Umuryango w’Abibumbye i La Haye mu Buholandi tariki ya 16 Gicurasi 2026.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Mu gace ka Lubigi na Kawala i Kampala muri Uganda, ku wa 28 Gicurasi 2026 Ikigo cya Leta gishinzwe kurengera ibidukikije (NEMA) cyasenye inzu zubatswe mu bishanga mu kurinda ubuzima bw'abaturage no gukumira imyuzure.

Ibi byagize ingaruka ku miryango myinshi yasigaye nta nzu zo kubamo ifite, ibintu byateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe banenga uburyo byakozwemo kubera ingaruka ku buzima bw’abantu, mu gihe abandi bashyigikiye ko ibishanga bigomba kurengerwa hakurikijwe amategeko.

Mu mashusho yakomeje gusakara ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umubyeyi ashaka kwiyahura nyuma yo gusenyerwa inzu ye akabura aho arambika umusaya.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Abakozi ba Company icunga umutekano ISCO Baratabaza basaba imishara yabo y'Ibirarane batahawe ndetse bakagaragaza ingorane bahura nazo cyane cyane bagaragaza ibibazo by'Imyenda yabacikiyeho ikaba uburere bavuga ko Ibambika ubusa.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Urukiko mpuzamahanga rwafashe umwanzuro ko u Bwongereza butazishyura u Rwanda miliyoni z’amapawundi bwari busabwa nyuma y’iseswa ry’amasezerano yerekeye kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro, gahunda yahagaritswe na Keir Starmer akimara kujya ku butegetsi.

Guverinoma y’u Rwanda yari yareze u Bwongereza isaba amafaranga arenga miliyoni 100 z’amapawundi (£100m), ivuga ko bwishe ibikubiye muri ayo masezerano.

Aya masezerano yari yarashyizweho umukono na guverinoma y’Abakonserivateri yari iri ku butegetsi mbere, agamije ko u Bwongereza bwajya bwishyura u Rwanda kugira ngo rwakire abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Mu rubanza rwamaze iminsi itatu ruburanishirizwa mu Buholandi, abanyamategeko bahagarariye u Bwongereza bavuze ko byari bisanzwe kandi byumvikana ko gahunda yahagarikwa ubwo Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ryageraga ku butegetsi, kandi ko nta yandi mafaranga yagombaga kwishyurwa.

Banahakanye ko u Bwongereza bwarenze ku ngingo z’amasezerano.

Bagize bati: “U Rwanda nta burenganzira rufite bwo guhabwa indishyi cyangwa ibindi rwari rusaba.”

Emmanuel Ugirashebuja, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, yari yabwiye urukiko ko igihugu cyakoresheje amafaranga menshi mu gutegura ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano, ariko ko u Bwongereza bwaje kwikura muri ayo masezerano butubahirije inshingano zabwo zemewe n’amategeko.

Yanavuze ko u Bwongereza butigeze bubanza kumenyesha u Rwanda ko bugiye guhagarika ayo masezerano, ahubwo abayobozi b’u Rwanda babimenye babisomye mu bitangazamakuru.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

NBA yashimiye RSSB Tigers begukanye igikombe mu mikino ya BAL Season ya 6 ho bahigitse ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola. Ni igikombe cyishimiwe na benshi mu Rwanda cyane ko ari nayo nacyo cyambere gutashye mu Rwanda kuva iri rushanwa ryatangira.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Ijambo rimwe kuri uyu mu fana wa Arsenal!


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Abarimo Umugore wa THE BEN, Uwicyeza Pamella banyuzwe cyane n’intsinzi ya RSSB Tigers.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Perezida Kagame n’Umufasha we Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’ibihumbi by’abafana mu gushyigikira ikipe ya RSSB Tigers, yatsinze Petro de Luanda amanota 90 kuri 88, ihita yegukana igikombe cya BAL Season 6. Iyi ikaba ari yo kipe ya mbere yo mu Rwanda ibashije kwegukana iki gikombe.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

01/06/2026

Mu mujyi wa Kigali, Umugore witwa Shadia akomeje kuvugisha benshi nyuma yo kugaragara Adiha umugabo we mu ruhame ivumbi rigatumuka.


_____________
Dukurikire ku mbuga nkoranyambaga zacu zose .
Dukurikire kandi Kuri StarTimes Channel: 127 na Free to Air.

Want your business to be the top-listed Media Company in Kigali?
Click here to claim your Sponsored Listing.

Address

Kigali
Kigali